Umwana w'umukobwa w’imyaka 10 yabyaye nyuma yo gusambanywa na Nyirarume

Umwana w'umukobwa w’imyaka 10 yabyaye nyuma yo gusambanywa na Nyirarume
Uharanira uburenganzira bwa muntu ukomoka mu gihugu cya Kenya, Njeri Wa Migwi, yatangaje inkuru ibabaje y’umukobwa w’imyaka 10 wabyaye nyuma yo gusambanywa na Nyirarume.
Ku wa Mbere tariki ya 5 Kanama 2024 nibwo Njeri Wa Migwi yatangaje iyi nkuru binyuze ku rubuga rwa X rwahoze rwitwa Twitter.
Nk’uko byatangajwe na Migwi, uyu mwana w’umukobwa yabyaye abazwe nyuma y’ibyumweru 34 asamye, gusa ku bw’amahirwe make uruhinja yibarutse rwapfuye hashize iminsi 8 ruvutse.
Ubara iyi nkuru akomeza avuga ko se w’uyu mwana wahohotewe yanze ko amugarukira mu rugo rwe.
Njeri Wa Migwi yagize ati: “Se yanze ko amugarukira mu rugo rwe. Twamujyanye ku ishuri babamo bacumbikirwa. Kuri ubu ari kugenda yoroherwa gahoro gahoro. Umutima wanjye ukomeje kubabazwa n’iyangizwa ry’abana b’iki gihugu.