Umukobwa wa Rusesabagina Paul yadukiriye ubutegetsi bwa Uganda

Mar 26, 2024 - 15:57
 0  752
Umukobwa wa Rusesabagina Paul yadukiriye ubutegetsi bwa Uganda

Umukobwa wa Rusesabagina Paul yadukiriye ubutegetsi bwa Uganda

Mar 26, 2024 - 15:57

Umukobwa wa Rusesabagina Paul wigeze guhamywa ibyaha by’iterabwoba n’ubutabera bw’u Rwanda, Carine Kanimba, yadukiriye ubutegetsi bwa Uganda.

Nyuma yo guhurira i Cape Town muri Afurika y’Epfo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) mu nama yiswe ’World Liberity Congress’, Carine yatangaje ko bombi bazifatanya mu kuba abavugizi ba demokarasi n’ubutabera.

Uyu mukobwa yahamije ko Leta ya Uganda n’iy’u Rwanda “zifatanya mu gukandamiza no kwica abaturage."

Yagize ati “Turi kwifatanya mu kuba abavugizi ba demokarasi n’ubutabera, hamwe n’urubuga rw’abademokarate ba Afurika. Nishimiye kubona umuvandimwe wanjye Bobi Wine muri Afurika y’Epfo.”

Uyu mukobwa yatangiye kwigaragaza mu ruhame ubwo Rusesabagina yari afungiwe mu Rwanda, akurikiranweho ibyaha by’iterabwoba. Muri icyo gihe, yifashishije imiryango itandukanye, asaba ko yamufasha gufunguza se.

Kuva Rusesabagina yatabwa muri yombi, Carine agaragaza ko Leta y’u Rwanda itubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, kandi ko iyobozwa igitugu. Ibi yabishyize no kuri Uganda.

Byiringiro Innocent I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 327 06