Umukobwa ufite uburanga budasanzwe wihebeye Davido yiyanditseho izina rye amusaba ikintu gikomeye-REBA AMAFOTO

Apr 28, 2024 - 11:33
 0  217
Umukobwa ufite uburanga budasanzwe wihebeye Davido yiyanditseho izina rye amusaba ikintu gikomeye-REBA AMAFOTO

Umukobwa ufite uburanga budasanzwe wihebeye Davido yiyanditseho izina rye amusaba ikintu gikomeye-REBA AMAFOTO

Apr 28, 2024 - 11:33

Umukobwa wo muri Nigeria ufite uburanga budasanzwe yiyanditseho izina ry’uyu muhanzi amusaba ko yamubabarira akajya kumufata akamurere nk’umwana we kubera uburyo amukunda cyane.

Ibi yabivuze nyuma yo gutungura abantu akishushanyaho izina ‘DAVIDO’ ku mugongo mu buryo ridashobora kuzavaho ‘Permanent’.Nyuma yo kwishyiraho aya mazina ‘Tattoo’, yamusabye ko yamufata akamurera nk’umukobwa we yibyariye.

Mu mashusho menshi yashyize hanze , yari yambaye ikanzu igaragaza umugongo we ushushanyijeho amazina y’uyu muhanzi n’inzu ye ifasha abahanzi ati:”Davido, OBO for Life”.Nyuma yo gushyira hanze aya mashusho yarengejeho amagambo agira ati:”Ndashaka kuba umukobwa wawe ukunda”.

Ubusnzwe Davido [David Adedeji Adeleke] , ni umuhanzi wo muri Nigeria ufite imbaga y’abafana batari bake kubera ibihangano bye by’umwihariko.

H. Rene Maurice I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 783348461