RURA Update: Itangazo rihutirwa rya RURA

Feb 6, 2024 - 16:01
 0  1210
RURA Update: Itangazo rihutirwa rya RURA

RURA Update: Itangazo rihutirwa rya RURA

Feb 6, 2024 - 16:01

Urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro RURA iributsa abatumiza hanze ibikoresho by’itumanaho kubanza gusaba uruhushya rubemerera kubyinjiza mu gihugu (Type Approval).

Uru rwego RURA rwashyizeho uburyo bwo gukurikiza igihe hari uwifuza kwinjiza ibyo bikoresha ibyo bagomba gukurikiza.

Ku rukuta rwayo rwa X , aho batanga bati “Umuntu wifuza gukora ibikorwa byo kwinjiza mu Gihugu no kugurisha ibikoresho by’itumanaho koranabuhanga yohereza ubusabe mu nyandiko buherekejwe n’ibi bikurikira:

ubusabe bwashyizweho umukono n’usaba cyangwa umuntu ubyemerewekopi y’icyemezo cy’iyandikwa mu bitabo by’ubucuruzi;

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rushobora gusaba ikindi cyose cyasabwa rusanze ari ngombwa.

Ibisobanuro birambuye wabisanga mu mabwiriza N° 012/R/STDICT/ RURA/2021 yo ku wa 14/12/2021 agenga iyinjiza mu gihugu ry’ibikoresho by’itumanaho koranabuhanga, igurisha ryabyo n’iyemeza ry’uko byujuje ibisabwa”

Muri iri tegeko ryavuzwe haruguru rijyena uburyo bwo kwinjiza ibi bikoresho nibijyanye nikoresha n’uburenganzira.

Ingingo ya 28: Ibikoresho by’itumanaho

koranabuhanga bitumizwa kugira ngo

bikoreshwe n’umuntu ku giti cye

Igikoresho cy’itumanaho koranabuhanga

cyinjizwa mu Rwanda kugira ngo gikoreshwe n’umuntu ku giti cye kigomba

kugaragazwa kuri gasutamo kandi

kikemezwa n’Urwego Ngenzuramikorere ko

cyujuje ibisabwa.

Ingingo ya 29: Umubare ntarengwa

w’ibikoresho bitumizwa mu mwaka

Ibikoresho by’itumanaho koranabuhanga

byinjizwa mu Rwanda kugira ngo

bikoreshwe n’umuntu ku giti cye ni bitanu (5)

ku mwaka ku bwoko runaka rw’ibikoresho

na makumyabiri (20) ku kigo ku mwaka ku

bwoko runaka rw’ibikoresho.

Umuntu ku giti cye cyangwa ikigo bifuza

gutumiza ibikoresho birenze ibivugwa mu

gika cya mbere cy’iyi ngingo, bagomba

kubisabira uruhushya mu Rwego

Ngenzuramikorere no kubitangira impamvu.

Ingingo ya 30: Ibikoresho by’itumanaho

koranabuhanga bitujuje ibipimo bya

tekiniki

Ibikoresho by’itumanaho koranabuhanga

bitujuje ibipimo bya tekiniki by’Urwego

Ngenzuramikorere bigomba gusubizwa ahobyaturutse mu minsi mirongo itatu (30)

uhereye umunsi byakiriweho mu Rwanda

cyangwa bigafatirwa ndetse bikangizwa.

gingo ya 31: Igihe icyemezo cy’uko

igikoresho cyujuje ibisabwa kimara

Icyemezo cy’iyemeza ry’iyuzuzwa

ry’ibisabwa ry’igikoresho cy’itumanaho

koranabuhanga kimara igihe kitazwi.

Icyakora, amakuru arambuye ku gikoresho

gisanzwe cy’itumanaho koranabuhanga

cyemejwe ashobora guhindurwa ku birebana:

1º izina ry’uruganda;

2º izina ry’igikoresho;

3º nimero y’ubwoko n’umumaro;

4º impinduka zireba amakuru yanditse

muri rejisitiri yandikwamo iyemeza

ry’iyuzuzwa ry’ibisabwa;

5º icyemezo cyemeza ko igikoresho

cyujuje ibisabwa;

6º iyemezwa ry’uko igikoresho cyujuje

ibisabwa.

Iyo impinduka ku iyemeza ry’iyuzuzwa

ry’ibisabwa ry’igikoresho cy’itumanaho

koranabuhanga zigize ingaruka ku bipimo no

ku bisabwa byagendeweho kugira ngo

gisuzumwe kandi cyemezwe, ubundi busabe

bw’iyemeza ry’iyuzuzwa ry’ibisabwa

bugomba gutangwa hashingiwe ku

biteganywa n’aya mabwiriza.

Ingingo ya 32: Amafaranga yishyurirwa

iyemeza ry’iyuzuzwa ry’ibisabwa

Buri cyemezo cy’iyemeza ry’iyuzuzwa

ry’ibisabwa kigomba kwishyurirwa

amafaranga adasubizwa agaragara ku

mugereka wa V w’aya mabwiriza kandi

ashobora guhindurwa igihe cyose n’Urwego

Ngenzuramikorere.

Ingingo ya 33: Ivanwaho ry’icyemezo

cy’iyemeza ry’iyuzuzwa ry’ibisabwa

Icyemezo 

cy’iyemeza ry’iyuzuzwa

ry’ibisabwa ry’igikoresho cy’itumanaho

koranabuhanga kivanwaho iyo:

1º igikoresho kiri muri rejisitiri

y’iyemeza ry’iyuzuzwa ry’ibisabwa

cyagize impinduka imwe cyangwa

nyinshi bidasabiwe irindi yemezwa;

2º inenge y’igikoresho cyemejwe

imenyekanye cyangwa igaragarijwe

Urwego Ngenzuramikorere;

3º habaye impinduka mu itegeko

cyangwa mu mabwiriza, nko mu

itangwa rya bande y’imirongo igikoresho cy’itumanaho koranabuhanga cyemejwe gikoreramo.

Urwego Ngenzuramikorere rutangaza ku

rubuga rwarwo ibyemezo byose byavanweho

n’impamvu zatumye bivanwaho.

Igikoresho cy’itumanaho koranabuhanga

kirebana n’icyemezo cyavanweho, gikurwa

muri rejisitiri y’iyemeza ry’iyuzuzwa

ry’ibisabwa kandi usaba igikoresho

cy’itumanaho koranabuhanga bireba

akabimenyeshwa.

Umuntu ushyira ku isoko igikoresho

cy’itumanaho koranabuhanga kitujuje

ibisabwa, nyuma y’ivanwaho ry’icyemezo

cy’iyemeza ry’iyuzuzwa ry’ibisabwa,

asabwa kugikura ku butaka bw’u Rwanda.

Uru rwego ruburira abanyarwanda ko igihe ibi bikoresho byinjijwe binyuranyijwe n’itegeko bigira ingaruka ku buzima bwa muntu, no kuvangira indi miyoboro y’itumanaho ndetse nigihombo ku wabyinjije. Abahanga mu bijyanye n’ibikoresho by’ikoranabuhanga, bavuga ko ibitagikoreshwa iyo bibitswe cyangwa bikajugunywa ahatarabugenewe, bishobora kugira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu cyangwa bikangiza ibidukikije muri rusange.

Byiringiro Innocent I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 327 06