Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia

Feb 15, 2025 - 16:04
 0  627
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia

Feb 15, 2025 - 16:04

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, baganira ku ngingo zitandukanye zirimo izireba Akarere ndetse n’Umugabane wa Afurika muri rusange.

Umukuru w’Igihugu yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, iri kubera muri Ethiopia. Ni inama yagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo umutekano mu Burasirazuba bwa Congo ndetse n’ibindi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byavuze ko ibiganiro byabo "byibanze ku guteza imbere ubufatanye hagati y’impande zombi mu nzego z’iterambere zitandukanye, hagamijwe inyungu ku baturage b’u Rwanda na Ethiopia.

Perezida Kagame kandi yifatanyije na bagenzi be mu Nama ya 38 ya AU, aho Perezida wa Mauritania, Mohamed Ould Cheikh AI- Ghazouani, yashyikirije Perezida João Lourenço wa Angola ubuyobozi bw’uyu muryango agiye kuyobora mu gihe cy’umwaka umwe.

U Rwanda na Ethiopia bifitanye umubano mwiza ushingiye ku bwubahane bwa dipolomasi n’amasezerano y’imikoranire agamije guteza imbere abaturage babyo.

Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano atandukanye arimo ashingiye ku bufatanye mu by’amategeko, itangazamakuru, siporo, ubukerarugendo, ubuzima, uburezi n’umuco n’andi.

U Rwanda na Ethiopia kandi bikorana mu bijyanye n’ishoramari ndetse abashoramari Benshi bo muri iki gihugu bayobotse isoko ry’u Rwanda aho bakora mu bijyanye n’inganda, ubwubatsi, serivisi n’ibindi. 

Byiringiro Innocent I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 327 06