Nyirindirimbo Sikosa iherutse kuba ikosa rikomeye Kevin Kade yagize ibyo atangaza kuri iyi ndirimbo mbere yuko isohoka

Aug 18, 2024 - 14:33
 0  173
Nyirindirimbo Sikosa iherutse kuba ikosa rikomeye Kevin Kade yagize ibyo atangaza kuri iyi ndirimbo mbere yuko isohoka

Nyirindirimbo Sikosa iherutse kuba ikosa rikomeye Kevin Kade yagize ibyo atangaza kuri iyi ndirimbo mbere yuko isohoka

Aug 18, 2024 - 14:33

Uwavuga ko indirimbo “Sikosa” ya Kevin Kade, The Ben na Element yabaye isereri mu mitwe ya benshi mbere y’uko isohoka ntiyaba abeshye.

Ati “Element yari asanzwe afite iyi ndirimbo ariko itarangiye, nkayikunda cyane ariko nanone nkumva itandukanye n’ibyo namenyereje abakunzi banjye gusa nkumva ni byo nkunze. Nabonye ntayikora ndi njye nyine, narabitinye ndavuga nti reka nshake uwo twabikorana.”

“Nagiye gusaba The Ben ko twakorana. Mu by’ukuri nakuze nkunda The Ben cyane ntabwo twari inshuti cyane ariko namwatse gahunda y’uko twabonana arabyemera musanga kwa Bob Pro, tujya mu modoka mbona kuyimwumvisha.”

The Ben yumvise iyi ndirimbo arayikunda cyane ahita yemerera Kevin Kade ko bayikorana ndetse we ubwe amwemerera ko azishyura ibyo bazakenera byose mu ikorwa ryayo.

Nyuma Kevin Kade wari utangiye kubona inzozi ze zitangiye kuba impamo, yashatse uko azakura iyi ndirimbo mu biganza bya Element.

Ati “Urumva nari numvishije umuntu indirimbo ntafitiye uburenganzira ariko ndavuga nti ntabwo ndibwihanganire kubura amahirwe yo gukorana na The Ben.”

“Nafashe iminsi itatu yo gushaka amafaranga nishyura Element ngo mwishyure indirimbo ayimpe, nari mbizi ko nta kindi kintu namubwira kitari amafaranga, amahirwe nari mfite ni uko yari agiye gusohora Milele.”

Kevin Kade avuga ko Element yabanje kwanga amafaranga yamuhaye ariko nyuma aza kuyemera gusa amubwira ko azafata ku nyungu zizava mu ndirimbo.

The Ben wakunze iyi ndirimbo cyane yahoraga abaza Kevin Kade aho ari ngo barangize igikorwa bari biyemeje gutangira, igihe cyarageze bashaka aho batunganyiriza amajwi y’indirimbo ndetse amashusho yayo bajya kuyakorera Tanzania.

I. Ferdinand I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 783 631 268