Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine yasuye inshuti y'akadasohoka y’u Burusiya

Jul 23, 2024 - 09:02
 0  158
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine yasuye inshuti y'akadasohoka y’u Burusiya

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine yasuye inshuti y'akadasohoka y’u Burusiya

Jul 23, 2024 - 09:02

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba, kuri uyu wa Kabiri yatangiye urugendo rwe rwa mbere mu Bushinwa kuva inshuti yabwo, u Burusiya, bwatera igihugu cye mu 2022.

Hagati aho, abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi bamaganye umubano wa Hongria n’u Burusiya.

Iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba, azagirana ibiganiro n’u Bushinwa ku buryo bwo kuzana amahoro mu gihugu cye.

U Bushinwa bufatwa nk’umwe mu bashyigikiye bikomeye u Burusiya nyuma y’igitero cyo kuva mu 2022, nubwo Beijing yigaragaza nk’idafite aho ibogamiye.

Hagati aho, muri EU, ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga n’ingabo banze gukomera inama muri Hongria mu rwego rwo kwamagana urugendo Minisitiri w’Intebe, Viktor Orban, aherutse kugirira i Moscou. Inama nkuru y’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ahubwo izabera i Buruseli.

T. David I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 784 525 501