M23 ibyayo biyirangiriyeyo! MONUSCO irashaka guha SADC ibikoresho byo guhangana na M23 ikayisiba kwitarita y'isi.

Feb 8, 2024 - 16:49
 0  567
M23 ibyayo biyirangiriyeyo! MONUSCO irashaka guha SADC ibikoresho byo guhangana na M23 ikayisiba kwitarita y'isi.

M23 ibyayo biyirangiriyeyo! MONUSCO irashaka guha SADC ibikoresho byo guhangana na M23 ikayisiba kwitarita y'isi.

Feb 8, 2024 - 16:49

Umunyamabanga Mukuru wa Loni ishinzwe amahoro, Jean Pierre Lacroix, ubwo yari mu ruzinduko muri RDC,yavuze ko MONUSCO,ishaka guha ibikoresho ingabo z’umuryango wa Afurika y’amajyepfo, SADC, zihanganye n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Lacroix umaze iminsi muri RDC,aho yahuye na Perezida w’iki gihugu, Félix Tshisekedi Tshilombo, amusezeranya ko MONUSCO izakomeza gutanga ubufasha mu kurinda abaturage mu bice biberamo intambara.

Yagize ati “Mu mwanzuro wayo wa 2717, akanama k’umutekano gafite MONUSCO mu nshingano kazasuzuma uburyo bwo gufasha SADC mu bikoresho n’ibikorwa. Ni ko kazafata icyemezo ku miterere y’ubu bufasha.”

Yanahuye n’umuyobozi w’ingabo za SADC ziri muri RDC, Major General Monwabisi Dyakopu, abasirikare bakuru bo muri iki gihugu n’abahagarariye sosiyete sivili.

Umutwe wa M23 washinje MONUSCO gufatanya na FARDC n’abo bakorana kwica abaturage gusa ntacyo MONUSCO yigeze ibivugaho.

H. Rene Maurice I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 783348461