Igihugu cyigihangange ku isi mubya gisirikare gishobora guha intwaro za rutura igihugu cya Ukraine

Aug 18, 2024 - 14:36
 0  308
Igihugu cyigihangange ku isi mubya gisirikare gishobora guha intwaro za rutura igihugu cya Ukraine

Igihugu cyigihangange ku isi mubya gisirikare gishobora guha intwaro za rutura igihugu cya Ukraine

Aug 18, 2024 - 14:36

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora kohereza muri Ukraine missile zifite ubushobozi bwo kurasa muri kilometero 370, zikaba zimwe mu zikomeye ziri mu bubiko bw’intwaro bw’icyo gihugu.

Iki ni icyemezo Perezida Joe Biden ari gutekerezaho nyuma yo kubona uburyo u Burusiya bukomeje gutsinda Ukraine, dore ko na Raporo y’Itsinda rishinzwe Ubugenzuzi mu Biro bya Minisiteri y’Ingabo za Amerika, Pentagon, ryemeza ko Ukraine nta bushobozi ifite bwo gukomeza kurwana n’u Burusiya.

Icyakora nubwo Amerika yaha Ukraine izi ntwaro, haribazwa niba ifite ubushobozi bwo kuzikoresha ku buryo zayifasha gusubiza inyuma Ingabo z’u Burusiya, cyane ko benshi mu bahanga bakundaga gukoresha izo ntwaro, bapfiriye ku rugamba, kandi ari bo bari baratojwe na Amerika gukoresha intwaro zayo kuva mu 2014.

Uretse gutakaza Ingabo nyinshi, Ukraine inafite ikibazo cy’ubushake bw’abaturage batacyifuza kujya ku rugamba, mu gihe ubukungu bw’icyo gihugu bumaze kwigarurirwa n’ibigo mpuzamahanga biri kugura ubutaka ku bwinshi muri Ukraine, rimwe na rimwe bikanabuza abaturage kubushyinguraho Ingabo zapfiriye ku rugamba, ibituma barushaho kurakara.

I. Ferdinand I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 783 631 268