Goma: Igisenge cy’ishuri cyaridutse cyigwira abanyeshuri 10 ndetse n'abarimu 3 barakomereka bikabije

Jun 17, 2024 - 16:26
 0  99
Goma: Igisenge cy’ishuri cyaridutse cyigwira abanyeshuri 10 ndetse n'abarimu 3 barakomereka bikabije

Goma: Igisenge cy’ishuri cyaridutse cyigwira abanyeshuri 10 ndetse n'abarimu 3 barakomereka bikabije

Jun 17, 2024 - 16:26

Igisenge cy’ishuri cyaridutse cyasize byibuze abantu 10 bakomeretse mu gitondo cyo ku wa mbere, tariki ya 17 Kamena ku rwunge rw’amashuri rwa Kalangala, riherereye mu karere ka Mapendo ku muhanda wa Tumbula.

Nk’uko ubuhamya bwatanzwe n’abari aho, bavuze ko abanyeshuri ndetse n’abarimu bamwe bagiye kwikinga imvura mu ishuri ryubakwaga mu mujyi wa Goma mu gitondo cya kare, maze igisenge kirariduka.

Umwe mu barimu ati"Twari hano turikumwe n’abanyeshuri igihe imvura yagwaga, abanyeshuri bagiye kwihisha mu cyumba cyubatswe hejuru, maze imbaho ziraremererwa zirariduka. Gusa nta bantu bapfuye ariko abanyeshuri benshi bakomeretse n’abarimu batatu bakomeje kwitabwaho mu bitaro bya Charité Maternelle.

Ababyeyi bahangayikishijwe niki kibazo barasaba abayobozi b’ishuri kurangiza ubwubatsi vuba. umubyeyi umwe ati"Mfite umwana wanjye hano, burimunsi dusabwa amafaranga yo kubaka ariko ntitubona birenga umutaru. Abana biga mu bibandahori kandi twishyura amafaranga y’ishuri ndetse n’amafaranga yo kubaka.

Nta muntu wahasize ubuzima, gusa abanyeshuri n’abarimu bakomeretse bajyanywe mu bitaro bya Charité Maternelle kugira ngo bavurwe.

Byiringiro Innocent I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 327 06