Amakuru meza ku bahinzi bo mu karere ka Rusizi bari bafite Umuceri wari waraheze ku mbuga mu Bugarama

Aug 18, 2024 - 14:49
 0  352
Amakuru meza ku bahinzi bo mu karere ka Rusizi bari bafite Umuceri wari waraheze ku mbuga mu Bugarama

Amakuru meza ku bahinzi bo mu karere ka Rusizi bari bafite Umuceri wari waraheze ku mbuga mu Bugarama

Aug 18, 2024 - 14:49

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatangaje ko umuceri wo mu Kibaya cya Bugarama wari warabuze abaguzi ugiye kugurwa n’Ikigo gikora ubucuruzi bwambukiranya imipaka gifatanyije n’inganda zo mu Bugarama.

Ni nyuma y’aho ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri w’Intebe n’iy’abadepite, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze kuri iki kibazo cy’umuceri wa Bugarama uri kwangirikira ku mbuga.

Yagaragaje ko harimo uburangare kuko ari ikibazo cyari kimaze iminsi kivugwa ariko ntigikemuke kandi bamwe mu bayobozi bakizi.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Dr Anicet Kibiga yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko habaye inama yahuje Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda, Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi na Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu, yiga kuri iki kibazo cy’umuceri wari warabuze abaguzi mu gihugu hose.

Ati “Ejo Ikigo gikora ubucuruzi bwambukiranya imipaka cyaraje dukorana inama ubu tugiye murenge wa Muganza umuceri ugiye guhita upakirwa abahinzi bahite bishyurwa amafaranga yabo”.

Mu gihembwe cy’ihinga gishize, mu Bugarama bejeje toni 7000 ariko bagurisha toni 2150.

I. Ferdinand I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 783 631 268