Abarwanyi ba M23 bakiriwe mu byishimo byinshi nyuma yo gufata agace ka Kinigi

May 12, 2024 - 16:36
 0  507
Abarwanyi ba M23 bakiriwe mu byishimo byinshi nyuma yo gufata agace ka Kinigi

Abarwanyi ba M23 bakiriwe mu byishimo byinshi nyuma yo gufata agace ka Kinigi

May 12, 2024 - 16:36

Abaturage bashashe ibitenge mu nzira mu buryo bwo guha M23 icyubahiro,ubwo yari imaze gufata agace ka Kinigi Gen.Mugabo wa FARDC avukamo

Mu mirwano yahereye mu rukerera rwo kuri iki cyumweru,ihanganishije umutwe wa M23 na FDLR na FARDC ,yarangiye agace ka Kinigi kigarurirwe n’uyumutwe wa M23 ,mu gihe Gen.Kigingi wari uharwariye ibikomere by’amasasu yatwawe mu ngobyi arahungishwa ,ifatwa rya Kinigi ryateye aba Wazalendo na FARDC kwitana bamwana.

Umwe mu babyiboneye n’amaso yabwiye Rwandatribune ko ubwo abarwanyi ba M23 binjiraga muri Kinigi,abaturage babasanganije ibirego byinshi,by’urugomo bakorerwaga na Wazalendo ifatanyije na FDLR,muri urwo rugomo havugwamo ubusahuzi,gufata abagore ku ngufu no kwica abaturage babahoye ubusa.

 Umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice bigize Teritwari ya Masisi k’umuvuduko  uri hejuru,aho abasesenguzi mu  by’umutekano bavuga ko byibuze 70% by’ako gace bigenzurwa na M23.

T. David I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 784 525 501