Abarundi batatu bakurikiranyweho ibyaha bikomeye byo gushimuta no gusambanya umwana w’imyaka 14

Abarundi batatu bakurikiranyweho ibyaha bikomeye byo gushimuta no gusambanya umwana w’imyaka 14
Abarundi bagera kuri batatu, babiri bafite imyaka 30 n’undi ufite imyaka 24, bakurikiranyweho ibyaha bikomeye byo gushimuta, ubujura bukabije, gufata ku ngufu no kwambuza ikiboko mu gihugu cya Afurika y’Epfo.
Umuvugizi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubushinjacyaha (NPA) muri Cape y’Iburengerazuba, Eric Ntabazalila, kuwa Gatatu yavuze ko gusaba kurekurwa by’agateganyo kw’aba bantui uko ari batatu byasubitswe.
Ntabazalila yagize ati: “Icyifuzo cyo kurekurwa by’agateganyo cy’abenegihugu batatu b’u Burundi baregwa gushimuta umwana muto, ubujura n’ibindi bikomeye, gufata ku ngufu, no kwambura abantu byasubitswe kugira ngo umusemuzi w’igiswahiri aboneke kugira ngo afashe abaregwa mu gusaba kurekurwa by’agateganyo.”
Yavuze ko uyoboye urubanza yasubitse iki kibazo kubera ko abashinjwa badashobora gusubiza neza kandi mu buryo busobanutse ibibazo babazwa mu Cyongereza nk’uko inkuru dukesha Independent Online ivuga.
Polisi yavuze ko ku Cyumweru, itariki ya 17 Ugushyingo 2024, itsinda ry’imyitwarire ryagize icyo rikora ku makuru y’ubutasi ryakiriye kandi rikora igikorwa cyo gukurikirana no gushaka abantu cyabageje ku nzu iri ku muhanda wa Visagie muri Parow.
Umuvugizi wa polisi muri Cape y’Iburengerazuba, Malcolm Pojie yagize ati: “Iri tsinda ryafashe abantu babiri bakekwa b’imyaka 30 bakekwaho gushimuta umwana w’umukobwa w’imyaka 14 wavugwaga ko yaburiwe irengero ahazwi nka Samora Machel SAPS ku itariki ya 13 Ugushyingo.”
Ati: “Uyu mwana w’imyaka 14 wahohotewe yongeye guhura n’umuryango we.”
Iperereza rigikomeje ryatumye umuntu wa gatatu ukekwaho icyaha atabwa muri yombi ku wa Mbere, ku itariki 18 Ugushyingo 2024.
Ikindi kivugwa ni uko abo bagabo bambuye uyu mwana w’umukobwa terefone ye igendanwa bakanamusambanya ku gahato.
Bahise bavugana na nyina basaba Ama-Rand 10,000. Icyakora, amafaranga ntibayahawe.
Urubanza rwimuriwe ku itariki ya 24 Mutarama 2025, kugira ngo umusemuzi azabanze aboneke.